Umwitozo wo kurwanya no kwirinda EBOLA
Rusizi, 7 Mutarama 2019 – Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije n’ibitaro biherereye mu turere twa Rusizi na Rubavu n’abandi bafatanyabikorwa, iramenyesha abaturage ko kuri uyu wa kabiri tariki ya 8 Mutarama 2019 izakora umwitozo wo kureba uko igihugu cyiteguye mu gukumira no kuvura icyorezo cya Ebola kiramutse kigaragaye mu Rwanda.
Nta cyorezo cya Ebola cyari cyagaragara mu Rwanda ariko Minisiteri y’Ubuzima irakomeza gukora imyitozo kugira ngo isuzume ubushobozi bw’inzego zitandukanye nyuma y’amahugurwa atandukanye no kubaka ubushobozi mu rwego rw’ibikoresho n’ubumenyi.
Uyu mwitozo uteganyijwe kuva tariki ya 8 kugeza tariki 11 Mutarama 2019 uzaba ari uwo ku rwego rw’igihugu kuko ibikorwa biteganyijwe bizakorerwa mu turere twa Rusizi na Rubavu. Iki gikorwa kije gikurikira indi myitozo yabereye ku bitaro bya Gisirikare by’i Kanombe no mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu.
Iki gikorwa kizabera mu mudugudu wa Cyunyu, akagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe, ku kigo nderabuzima, ku bitaro no ku kibuga cy’indege cya Kamembe mu Karere ka Rusizi ndetse no ku Kigo nderabuzima cyane Rugerero mu Karere ka Rubavu.
Uwo mwitozo ugamije kureba niba inzego zitandukanye mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima, abakozi bo mu bitaro by’akarere, Laboratwari n’izindi nzego kugeza k’umudugudu ziteguye neza kandi zifite ubushobozi buhagije mu guhangana n’icyo cyorezo kiramutse kigaragaye mu gihugu.
Muri uwo mwitozo hazagaragaramo ibikorwa bitandukanye birimo uburyo bwo kumenyekanisha ugaragayeho ibimenyetso bya virusi ya Ebola, uko bamutwara, uko bamuvura ndetse n’uko bamushyingura aramutse yitabye Imana. Abakozi babihuguriwe bazaturuka mu bitaro 15 bazaba bazitabira iki gikorwa mu Karere ka Rubavu.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba abanyarwanda n’abaturarwanda bose kudakuka umutima igihe babonye umwitozo wo gukumira no guhangana n’icyorezo cya Ebola.
Ukeneye ibindi bisobanuro wahamagara 114 cyangwa aba bakurikira:
……………………………………………………………………………………………………………………….......
Malick Kayumba, MOH/RBC: 0788350035
Dr. Nshizirungu Placide, Ibitaro bya Gihundwe: 0788307332
Lt Col. Dr. Kanyankore William, Ibitaro bya Gisenyi: 0788305785
download the document here
Kigali, Rwanda – February 1, 2025 – The Ministry of Health launched the Accelerated Plan for the Elimination of Cervical Cancer in Rwanda 2024-2027,…