ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU

Minisiteri y’Ubuzima irahumuriza Abanyarwanda n'Abaturarwanda ibamenyesha ko nta tangazo ryatanzwe na WHO rivuga ko Ebola irushijeho gusatira u Rwanda.

 

Kigali, ku wa 28 Mutarama 2019: Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha Abanyarwanda n’Abaturarwanda ko nta tangazo yahawe n’Ishami ry' Umuryango w'Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS, ryaba rivuga ko Ebola irushijeho gusatira u Rwanda nk'uko byavuzwe mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

 

Ministeri y’Ubuzima ikaba iboneyeho guhumuriza abanyarwanda n’abandi bose bagenderera u Rwanda ko kugeza ubu nta muntu uragaragaraho icyorezo cya Ebola kandi ko hafashwe ingamba zitandukanye zo gukumira no kwirinda icyo cyorezo.

 

Ishami ry' Umuryango w'Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS rifite uburyo bwihariye imenyeshamo ibihugu amakuru ajyanye n’ibyorezo kuburyo bwizewe akaba ari nabwo hemezwa ibyakorwa mu rwego rw’ubufatanye mu rwego rwo kubikumira.

 

U Rwanda rumaze igihe mu myiteguro yo gukumira no kwirinda icyorezo cya Ebola cyibasiye igihugu cy’abaturanyi kandi aho igeze harashimishije.

Ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye za leta n’imiryango mpuzamahanga harimo Ishami ry' Umuryango w'Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS, hateguwe amahugurwa y’abaganga, abaforomo n’abandi bakora mu mavuriro mu turere twose tw’igihugu. Hahuguwe kandi abashinzwe guhugura abandi kuva ku karere kugera ku mudugudu harimo abajyanama b’ubuzima mu bijyanye no kwirinda no gukumira icyorezo cya Ebola. Abandi bahuguwe harimo aba polisi, abanyamakuru n’abakorera bushake ba Croix Rouge y’u Rwanda. 

 

Ubukangurambaga bugikomeza burakorwa ku bijyanye no kumenya ibimenyetso bya Ebola, uburyo bwo kwirinda kuyandura n’icyakorwa iyo habonetse uwaba yayanduye. Ibi birakorwa ku nzego zitandukanye kugera mu mudugudu aho batanga ubutumwa bwo gukumira no kwirinda icyorezo cya Ebola mu muganda, mu mashuri, ku ma radiyo na za televiziyo n’ahandi hose hahurira abantu benshi. Ibyaba n’andi mashusho byaramanitswe hafi ya za gasutamo, ku ma hoteri, amashuri, ibitaro n’ibigo nderabuzima n’ahandi hahurira abantu benshi mu turere twegereye imipaka. 

Ubutumwa butangwa bwakozwe hagendewe ku byavuye mu bushakashatsi bwakozwe mu kureba ubumenyi abanyarwanda bafite mu bijyanye no kwirinda icyorezo cya Ebola.

 

 

Hubatswe ikigo cyihariye mu kuvura Ebola iramutse igaragaye mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu. Haguzwe ibikoresho n’imiti byakwifashishwa haramutse hagaragaye Ebola mu Rwanda.

 

Hakozwe imyitozo itandukanye yo gusuzuma uko u Rwanda rwiteguye kuba rwahangana na Ebola iramutse ihagaragaye. Iyo myitozo yabereye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe mu mujyi wa Kigali, Mu Karere ka Rusizi ku bitaro bya Gihundwe, ku kibuga cy’indege cya Kamembe no ku kigo gifite ubushobozi buhagije bwo kuvura Ebola i Rugerero mu Karere ka Rubavu.

 

Ibyo byose biragagaza ko twiteguye bihagije guhangana na Ebola. Nubwo duhagaze neza mu kwitegura Ebola, imyitozo irakomeje ku nzego zitandukanye mu gihugu.

 

Minisiteri y’Ubuzima kandi iributsa abantu bose ko Ebola ari indwara yandura iyo amaraso cyangwa amatembabuzi y’umuntu uyirwaye akoze ku muntu muzima.

 

Ibimenyetso by’iyo ndwara ni ukugira umuriro, kurwara umutwe, kuribwa mu ngingo, kubabara mu muhogo, gucika intege, guhitwa, kuruka cyane kandi kenshi, kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri w’umuntu. Ebola ntiyandurira mu mwuka.

 

Minisiteri y’Ubuzima iributsa ko iyi ndwara yoroshye cyane kwirinda iyo twitaye ku isuku, ikaba iboneyeho gusaba ibi bikurikira:

● Kugira umuco wo gukaraba intoki dukoresheje amazi meza n’isabune; 

● Umuntu wese ufite ibimenyetso bya Ebola byavuzwe haruguru agomba   

    kwihutira kujya ku ivuriro rimwegereye;

● Gukomeza umuco mwiza wo kwivuza hakiri kare igihe cyose wumva urwaye;

● Kwirinda gukora ingendo zitari ngombwa ahagaragaye Ebola.

 

…………………………………………………………………………………………………………………………

Ukeneye ibindi bisobanuro wahamagara umurongo utishyurwa 114

Malick Kayumba, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima. Tel: +250 788350035/ [email protected]

  Press release

4×4 Health Workforce Reform records significant midterm progress

February 2026 - Two years into implementation, Rwanda’s accelerated national strategy to expand, strengthen, and sustain health workforce – known as…
Read more →

MoH Head Office moves to new location

The Ministry of Health informs the public that its Head Office has relocated. New location: RURA Building, Kiyovu (Péage), Nyarugenge District, near…
Read more →
  Press release

IAS2025: Over 3500 global health leaders, researchers meet in Kigali to reshape global HIV response

Kigali, 14 July 2025 - The 13th IAS Conference on HIV Science (IAS2025), opened on Monday in Kigali, bringing together over 3500 participants,…
Read more →

New Health Intelligence Center to drive real-time, evidence-based decisions

Kigali, 03 April 2025 — Rwanda has launched the Health Intelligence Center (HIC), a strategic national platform designed to collect, process, and…
Read more →

New syringe facility to boost local manufacturing and create jobs

Rwamagana, 1 April 2025 – Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, officiated the launch of TKMD Rwanda’s auto-disable syringe manufacturing facility…
Read more →

Medical Educators Meet in Rwanda to Rethink Medical Training in Africa

Kigali, 24 March 2025 – The inaugural Advancing Medical Education in Africa Conference (MedEdAfrica2025) has officially opened in Kigali, bringing…
Read more →

African health stakeholders convene in Kigali to strengthen health systems amid global challenges

Kigali, 3 March 2025 – Over 1,000 global health leaders, policymakers, practitioners, innovators, and experts from various sectors have gathered in…
Read more →

A Surgeon in Every District Hospital: Pan-African Surgical Conference charts the future of surgical care in Africa

Kigali, 24 February 2025 - Rwanda hosts the Pan-African Surgical Conference (PASC2025), convening surgeons, healthcare leaders, researchers, and…
Read more →

RWANDA LAUNCHES NATIONAL STRATEGY FOR CERVICAL CANCER ELIMINATION BY 2027

Kigali, Rwanda – February 1, 2025 – The Ministry of Health launched the Accelerated Plan for the Elimination of Cervical Cancer in Rwanda 2024-2027,…

Read more →